Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

January 10, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9
  • Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo
  • Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.
  • Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba
  • BURERA: Mu gitondo cy’isuku abaturage bo mu gace k’amakoro basezeranije ubuyobozi kuzamura igipimo ku isuku n’isukura.
  • MUSANZE: Rurageretse hagati ya Mbarushimana Emmanuel na Nsengiyumva Jean Claude bapfa ubutaka.
  • BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.
  • Sugira Ernest udafite ikipe yatangiye inzira yo kuba umutoza.
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » BRALIRWA yungutse Miliyari 18,4 Frw mu mezi atandatu
Ubukungu

BRALIRWA yungutse Miliyari 18,4 Frw mu mezi atandatu

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasJuly 29, 20255 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, BRALIRWA rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2025 rwungutse Miliyari 18,4 Frw.

 

Amafaranga yungutswe na BRALIRWA muri ayo mezi yazamutseho 24,1 % kuko mu gihe nk’icyo mu 2024 yari yungutse miliyari 14,8 Frw.

Muri rusange BRALIRWA yinjije miliyari 32 Frw, mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2025, avuye kuri miliyari 26 Frw yari yinjije mu mezi atandatu ya mbere ya 2024.

Uru ruganda ruvuga ko kwiyongera kw’amafaranga rwinjiza byatewe n’impamvu zitandukanye zirimo kwiyongera kw’ingano y’ibicuruzwa bisembuye n’ibidasembuye rushyira ku isoko, guhindura ibiciro ngo birusheho kujyana n’isoko ndetse no gukundwa kw’ibinyobwa byarwo bigenda birushaho kwiyongera.

Nubwo amafaranga BRALIRWA yinjije kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2025 yiyongereye, uru ruganda rugaragaza ko n’ayo rushora mu gukora ibinyobwa bitandukanye yazamutseho 22,5% ugereranyije n’ayo rwari rwashoye mu gihe nk’icyo mu 2024.

Ibi byatewe ahanini no kuzamuka kw’ikiguzi cy’ibyifashishwa mu gukora ibinyobwa byaba ibisembuye n’ibidasembuye, ndetse n’ibikoresho bitandukanye bipfunyikwamo.

Ikindi cyazamutse ni amafaranga uru ruganda rwashyize mu bikorwa byo kugeza ibicuruzwa ku baruhagarariye. Yazamutseho 25%.

Hari kandi amafaranga agenda mu mirimo ya buri munsi ijyanye n’imiyoborere y’uruganda yazamutseho 16,7%. Kuzamuka kw’aya mafaranga kwatewe ahanini n’ibikorwa byo kwimakaza ikoranabuhanga, ndetse n’ikiguzi cyatanzwe ku bakozi.

Umuyobozi Mukuru wa BRALIRWA, Ethel Emma-Uche, yavuze ko “Mu gice cya mbere cya 2025 twabonye kuzamuka mu bintu by’ingenzi, bitewe ahanini no kwiyongera kw’ibyo abakiliya bakeneye ndetse no kujyanisha mu buryo buhoraho ubwiza bw’ibicuruzwa n’ibiciro. Nubwo amafaranga dushora yakomeje kuzamuka, umusaruro twagezeho twawufashijwemo na gahunda zashyizweho zo kugabanya ikiguzi no gukoresha neza ibihari.”

Yakomeje avuga ko mu yandi mezi atandatu ya 2025 biteze ko umusaruro uzakomeza kuba mwiza.

Ati “Mu gice cya kabiri cya 2025, tuzakomeza gushimangira intego yacu yo gushyira imbere abakiliya bacu mu bijyanye n’imyanzuro yose dufata, ndetse no gushora imari mu buryo burambye n’imikorere ikwiriye.”

BRALIRWA yatangiye gukora ibinyobwa mu 1959. Ku bufatanye n’uruganda Coca-Cola rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangiye gukora ikinyobwa cya Coca-Cola mu 1974.

Ikinyobwa gishya cy’uru ruganda giherutse gushyirwa ku isoko ni inzoga ya ‘Desperados’. Ni inzoga BRALIRWA yamuritse binyuze muri HEINEKEN bisanzwe bikorana. Iri mu cyiciro cya byeri.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Perezida Paul Kagame azahurira na Félix Tshisekedi i Washington mu Cyumweru gitaha.

November 28, 2025

AFURIKA: U Rwanda rwatangiye kohereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika amabuye y’agaciro ya Tungsten (Wolfram).

September 30, 2025

BURERA: MIiyoni 180 zinjiye muri SACCO AKABANDO ya GAHUNGA ku bw’Umushinga “Kataza rubyiruko”.

August 20, 2025
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025741 Views

BREAKING NEWS: Burera mu murenge wa Rugarama, inkuba yakubise umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ahita apfa.

September 15, 2025414 Views

BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.

December 5, 2025341 Views

AMAJYARUGURU: Umuturage agomba guhora ku isonga_ Guverineri MUGABOWAGAHUNDE Maurice.

September 20, 2025305 Views
Amakuru

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

By MANIRAGUHA LadisilasJanuary 10, 20260

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) isuzuma ibyo abantu bakoresheje mu ngendo bakoreye mu Rwanda [Travel…

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025

Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba

December 18, 2025

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

January 10, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025
Amakuru Akunzwe

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025

BREAKING NEWS: Burera mu murenge wa Rugarama, inkuba yakubise umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ahita apfa.

September 15, 2025

BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.

December 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.